Impamvu bamwe batinya kwipimisha virusi itera SIDA

Kwipimisha     virusi itera SIDA kubushake nukujya   kukigo   gitanga   inama kikanapima VIH   Ntagahato ugatanga amaraso   kugira ngo barebe ko nta virusi itera sida waba waranduye.cyemezo gifatwa numuntu  kugiti cye  kugira  ngo  amenye  uko  ahagaze  bikaba  bikorerwa  ahntu    hazwi    kandi  habifitiye    uburengenzira gusa,bikaba bikorwa  umuntu amaze kugirwa inama  n’inzobere  zibuhugukiwemo,hanyuma umuntu agafatwa amaraso ,ayo maraso agapimwa   virusi itera SIDA   ,igisubizo kigatangwa   mwibanga .nyuma yigisubizo hatangwa ubujyanama  bitewe nuko uwapimwe ahagaze. Gusa hari nuburyo bwo kwipima kugiti cyawe ukoresheje  agakoresho gashyirwa mukanwa.

C:\Users\Administrator\Desktop\NJ1811 (1106 of 24)_0.jpg

Iyo bagupimye cyangwa wipimye bagasanga ari negatifu bivuze ko ufite amahirwe menshi yo  kuba nta virusi itera SIDA UFITE.

Muri make bisobanura ko mumaraso yawe bapimye  basanze  ntabimenyesto  bigaragaza ko wanduye  virusi itera SIDA birimo.ibi ariko ntibivuga ko utaba waranduye  virusi itera  SIDA  kuko ahenshi murwanda uburyo bikoreshwa  mugupima  butareba  virusi iteraSIDA ubwayo ahubwo  bubona  ibimenyetso by’uko virusi yageze mumubiri kandi ibi   bigaragara hashize igihe kigera kumezi atatu.niyo mpamvu   niyo waba waripimishije ugasnga utaranduye  bagusaba ko wakongera  ukagaruka nyuma y’amezi  atatu kugira ngo umenye neza  ko utanduye koko.

AHO WASANGA IZI SERIVISE

❖  Mubigo nderabuzima byose byo mu Rwanda (zitangwa kubuntu)

❖  Mumavuriro yigenga yemewe mu Rwanda

❖  Ibigo by’urubyiruko

❖  Ibigo by’igisha ubuzima bw’imyororokere byinshi  bipima na virusi itera SIDA

❖  Amapharmacy amwe namwe acuruza udukoresho two kwipima virusi itera SIDA

IBYIZA BYO KWIPIMISHA  VIRUSI ITERA SIDA

❖  Bigufasha  gufata ingamba  ukurikije  igisubizo wahawe

❖  Bigufasha   kumenya   uburyo bwo kwirinda   buboneye kwifata cyangwaa   gukoresha   agakingirizo

kugirango  wirinde urinde n’abandi

❖  Iyo usanze waranduye bagufasha kubana beza na virusi  itera SIDA

❖  Iyo usanze waranduye bituma  utangira gufata imiti hakiri kare  bityo bikakurinda indwara z’ibyuririzi

ndetse ugakomeza kubaho igihe kirekire utarwaragurika

❖  Bagufasha   kumenya   mugenzi   wawe   (umugore   umugabo,umusore   umukobwa)kowanduye   bityo mugafata ibyemezo byo kubaho cyangwa kumurinda

❖  Bituma abashakanye barushaho gukomera kungamba yo kwirinda kwandura

❖  Bikomeza ubwizerane mubashakanye

❖  Birinda abantu kwanduza abana bazavuka

IMPAMVU BAMWE BATINYA KWIPIMISHA

❖  Kugira ubwoba ko yazahabwa akato

❖  Kugira ubwoba ko agiye gupfa

❖  Kugira ubwoba ko umuryango ushobora kumutererana

❖  Umuntu ashobora guhungabana   ariko iyo akoomeje kubona abamwitaho bakamugira inama umuntu agenda akira

Share your love

Leave a Reply