Menya byinshi ku ndwara ya Mburugu

Mburugu ni indwara karande ifata ibice byinshi by’umubiri wumuntu.mburugu iterwa nagakoko kitwa “trapanema pallidum”mundimi   z’amahanga. Indwara ya mburugu     umuntu ashobora kuyandura   cyangwa akayivukana .indwara  ya mburungu   ya mburugu  yandurira  cyane cyane imibonano  mpuzabitsina idakingiye cyangwa umwana  akaba yayanduzwa na nyina  amubyara.

Mburugu ni indwara ivurwa igakira byoroshye igihe  uyirwaye  yivurije  igihe kandi neza .

UKO YANDURA NIBIYITERA

Indwara ya mburugu iterwa nagakoko  ko mubwoko bwa  bacteria kitwa “trapanema pallidum” yandurira cyane cyane mumibonano mpuzabitsina idakingiye, cyangwa se mugihe  umubyeyi  atwite umwana.utu dukoko dutera mburugu   kandi dufite ubushobozi   bwo guca muruhu rwasenyutse.bityo rero mburugu ishobora kwandurira mugusomona   n’umuntu   hafi   yahoo   afiteagasebe   ndetse   no   mumibonano   mpuzabitsina   idakingiye. Abshakashatsi bavuzeko  guhera kuri 30 kugeza kuri 60% y’abantu  bose bahura nutu dukoko dutera indwara ya mburugu bayrwara.udukoko  dutera indwara ya mburugu kandi umuntu ashobora  kutwandurira  muguhabwa amaraso aturimo cyangwa   se abantu bakoresha inshinge ziwe.aba shakashatsi kandi bemeje ko ari knaho bidashoboka ko umuntu   yandura iyi ndwara   ya mburugu   kubera kwicara kubwiherero   bumwe n’umuntu uyirwaye cyangwa se kwambarana umwenda ibi ni ukubera ko utu dukoko duhita dupfa iyo tugeze hanze y’umubiri.

IBIMENYETSO BY’INDWARA

Indwara ya mburugu irimo icyo twakwita nk’ibika bine bitewe n’icyiciro cy’uburwayi umuntu aba agezeho arwaye ukongeraho iyo umwana  ashoro kuvukana. Ibyo byiciro ni Icyiciro cya mbere cya mburugu (Primary Syphilis), icyiciro cya kabiri (secondary Syphilis), Icyiciro kitwa  Latent Syphilis ndetse n’icyiciro cya gatatu (tertiary Syphilis). Ibi  byiciro byiyongeraho iyo umwana avukana (Congenital Syphilis).

Icyiciro cya mbere cya mburugu (Primary Syphilis): icyiciro cya   mbere cya mburugu akenshi giterwa n’ubwandu  umuntu  akura  mu  gukora    imibonano  mbuzabitsina  n’umuntu  wanduye.  Ugereranyije  hagati y’iminsi 3  na 90 umuntu ayanduye, agasebe bita chancre gacika aho udukoko  twinjiriye. Akenshi aka gasebe ntikaba karyana. Mu bantu bafite agakoko  gatera SIDA hashobora kuza udusebe twinshi. Ahantu akenshi aka gasebe   kaba gaherereye ni aha hakurikira; ku gitsina cy’umugabo, ku nkondo   y’umura (ku bagore), hafi y’ikibuno (akenshi ku bagabo bahuza ibitsina n’abandi bagabo).

Icyiciro  cya  kabiri  cya  mburugu  (secondary  Syphilis):  icyiciro  cya    kabiri  cya  mburugu  kiza hashize ibyumweru 4 kugera ku 10 nyuma y’ikiciro  cya mbere (iyo umuntu atavuwe). Ni icyiciro kimenyerewe kugira ibimenyesto bitandukanye cyane cyane ku ruhu. Ibindi bimenyetso ni nko   guhinda umuriro, kubabara mu nkanka, gutakaza ibiro, gupfuka umusatsi  ndetse no kugira umutwe.

Icyiciro cyo mo hagati (latent Syphilis): iki ni icyiciro umuntu aba  afite ibizamini byo kwa muganga byerekana ko afite udukoko twa mburugu  mu mubiri we ariko nta bimenyetso by’indwara.

Icyiciro cya Gatatu cya mburugu (tertiary Syphilis): umuntu agera ku  cyiciro cya gatatu cya mburu hashize imyaka guhera kuri 3 kugera kuri  15 yanduye indwara ya mburugu. Icyi cyiciro kirimo amoko atatu bitewe n’ahantu iyi ndwara iba yibasiye; Gummatous Syphilis irangwa no   kwangirika bikomeye k’uruhu. Ubundi bwoko ni mburugu yo mu bwonko ndetse  na mburugo yo mu mutima. Iyo umuntu atavuwe, kimwe cya gatatu cy’abantu  banduye mburugu bagera mu cyiciro cya gatatu. Abantu kandi bafite  mburugu yo mu kiciro cya gatatu mbi baba babasha kuyanduza abandi.

Mburugu  ivukanwa  (Congenital  Syphilis):  mburugu  ivukanwa  ni  mburugu    umubyeyi  w’umugore  aba yanduje umwana we mu gihe amutwite cyangwa se   amubyara. Bibiri bya gatatu by’abana bayivukana nta bimenyetso baba  bafite. Ibimenyetso rusange abana bavukanye mburugu bagenda bagira uko  imyaka yicuma harimo nko kubyimba umwijima n’unrwagashya, kugira umuriro  ndetse n’indwara z’ibihaha.

UKO TWAKWIRINDA INDWARA

        Urukingo: Kugera mu mwaka wa 2010 nta rukingo ruhamye rwa mburugu rwari rwakavumbuwe

        Gukora imibonano mpuzabistina ikingiye

        Gupima ababyeyi batwite ndetse bakanavurwa hakiri kare ku bafite indwara ya mburugu

        Kwipimisha ku bushake

UKO INDWARA IVURWA

Ku bantu banduye vuba indwara kuyivura biroroha. Baterwa urushinge  rumwe rwa Benzathine Penicillin G. Indi miti nka Doxycycline na  Tetracycline ihabwa abantu bagira allergy ku muti wa Penicillin.Ku bantu batinze kwivuza maze indwara ikajya mu bindi byiciro bitari   icya  mbere cyangwa icya kabiri, kubavura bisaba ubwitonzi kandi  birakomeye ugereranije nabivuje hakiri kare. Ariko umuti wa mburugu  nyamukuru ukomeza kuba Penicillin nubwo itangwa bitandukanye bitewe n’ikiciro umuntu arimo ndetse n’izindi mpamvu.

Share your love

Leave a Reply