Umwana uvutse ku mubyeyi ubana virusi itera SIDA

Ubundi umugore   ubana na virusi itera SIDA ashobora kwanduza umwana amutwite, amubyara cyangwa amwonsa. Ariko birashoboka ko umugore utwite batanduza umwana iyonyakurikije ingamba ahabwa nabaganga arizo izi zikurikira.

  • Kwipimisha virusi itera SIDA kumugore utwite
  • Gufata   imiti   igabanya   ubukana   guhera   kucyumweru   cya   14   umugore   asamye      kugira   ngo ubudahangarwa bw’umubiri bwiyongere
  • Kubyarira kwamuganga
  • Gukomeza kunywa imiti igabanya ubukana kugeza igihe acukije umwana
  • Guhitamo kudasama iyo asnzwe aziko  abana na virusi itera SIDA

1.GUHITAMO KUDASAMA IYO ASANZWE AZI KO ABANA NAVIRUSI ITERA SIDA

Iyo umugore azi ko abana na virusi itera SIDA ashobora    guhitamo kudasama   akoresheje   uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro bityo akirinda  kuba yakwanduza umwana yatwita.

2. KWIPIMISHA VIRUSI ITERA SIDA KUMUGORE UTWITE

Ningombwa ko umugore utwite yipimisha virusi itera Sida kugira ngo amenye uko ahagaze kugira ngo agirwe

inama inama z’ukuntu yakwitwara asanze  yaranduye  arinde n’umwana atwite .

Kwipimisha  Virusi itera SIDA igihe umugore atwite  mbere y’ibyumweru 14 akamenya  uko ahagaze bimwongerera amahirwe yo gutangira  gufata imiti bikanamwongerera amahirwe yo kutanduza umwana atwite.

3.GUFATA IMITI IGABANYA UBUKANA

Ubu  murwanda guhera kucyumweru cya 14  asamye  umgore  ubana  na virusi itera SIDA , ahabwa imiti kugira ngo ubudahangarwa bw’umubiri we  bwiyongere . Igihe umugore utwite asanze abana na virusi itera SIDA yaba afite abasirikare bake cyangwa benshi ahabwa imiti igabanya ubukana kugeza igihe azacukiriza amezi 18. Iyo igihe cyo gucutsa kigeze  umubyeyi  atarageza igihe  cyo gufata imiti arayihagarika yaba agejeje akayikomeza ubuzima bwe bwose.

Gufata imiti  igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA  kuva kucyumweru cya 14 umugore atwite kugeza   kumezi cumi numunane     byongerera umubyeyi   amahirwe yo kutanduza umwana amutwite,amubyara cyangwa amwonsa.

Kubagore batanduye ariko abagabo babo babana na virusiitera SIDA baba bagomba kwipimisha buri mezi atatu igihe cyose atwite cyangwa yonsa.

Umwana uvutse  kumubyeyi  washakanye n’umugabo ubana na virusi itera SIDA  ahabwa umuti na muganga kugeza acutse

Iyo umubyeyi yanduye igihe atwite cyangwa yonsa ahabwa imiti igabanya ubukana.

Iyo  umubyeyi  yanduye    yanduye  mugihe  yonsa  atangira  imiti  igabanya  ubukana  uumwana agahagarika   imiti  yafataga   nyina amaze   ibyumweru   bitandatu  atangiye   imiti  igabanya ubukana

Igihe umubyeyi abyariye kwamuganga   bimufasha   kubyara neza   kandi agahabwa   ubufasha kugira ngo atanduza umwana.

Share your love

Leave a Reply